urukiko rwisumbuye rwa huye ruri ngoma

Transcrição

urukiko rwisumbuye rwa huye ruri ngoma
RCA 0142/14/TGI/HYE
URUKIKO RWISUMBUYE RWA HUYE RURI NGOMA RUHABURANISHIRIZA
IMANZA MBONEZAMUBANO KU RWEGO RW’UBUJURIRE RUKIJIJE
URUBANZA RCA0142/14/TGI/HYE KU WA 10/3/2015 MU BURYO BUKURIKIRA :
----------------------------------------------------------HABURANA :
ABAREGA:1.MUKAKARARA Marie Claire,wavutse mu 1963,mwene Kimonyo
Syldio na Nyandwi Veronique,atuye mu mudugudu wa Rukeri,akagali ka
Ruhango,umurenge wa Gisozi,akarere ka Gasabo,Umujyi wa Kigali.
2.KAMIRINDI Thomas,wavutse mu 1962,mwene Kimonyo Syldio na Nyandwi
Veronique,atuye mu mudugudu wa Rukeri,akagali ka Ruhango,umurenge wa
Gisozi,akarere ka Gasabo,Umujyi wa Kigali.
3.KABANDANA Fredarc,wavutse mu 1959,mwene Kimonyo Syldio na Nyandwi
Veronique,atuye mu mudugudu wa Rukeri,akagali ka Ruhango,umurenge wa
Gisozi,akarere ka Gasabo,Umujyi wa Kigali.
UREGWA:NIYOYITA Béata,wavutse mu 1973,mwene Nkundabagenzi na
Uwizeyemungu Patricie,atuye mu kagali ka Kigarama,umurenge wa
Kibirizi,akarere ka Gisagara,intara y’Amajyepfo.
ABAGOBOKESHEJWE:
1.NKIKABAHIZI Ferdinand,wavutse mu 1977,mwene Ntawugayumugabo Fidele
na Mukamusoni Stephanie,atuye mu mudugudu wa Agasharu,akagali ka
Gatobotobo,umurenge wa Mbazi,akarere ka Huye,intara y’Amajyepfo.
2.RUTAGENGWA Etienne,wavutse mu 1982,mwene Ndimubanzi Joseph na
Niyonsaba Clotilde,atuye mu mudugudu wa Nyarurama,akagali ka
Kagarama,umurenge wa Kicukiro,akarere ka Kicukiro,Umujyi wa Kigali.
3.NSANZIMANA Jean Damascène mwene Hakizimana Jean Baptiste na
Mukankusi Daphrose,atuye mu mudugudu wa Nyarigina,akagali ka
Gatoki,umurenge wa Kibirizi,akarere ka Gisagara,intara y’Amajyepfo.
1
RCA 0142/14/TGI/HYE
4.MANIRAHO Sigifroid mwene Ngendambizi na Ntabomvura Emeritha,atuye
mu mudugudu wa Nyarigina,akagali ka Gatoki,umurenge wa Kibirizi,akarere ka
Gisagara,intara y’Amajyepfo.
5.BIGIRIMANA Théogène,wavutse mu 1972,mwene Bigirimana JMV na
Nyirangendo,atuye kagali ka Zivu,umurenge wa Save,akarere ka Gisagara,intara
y’Amajyepfo.
6.HATEGEKIMANA Bertin,wavutse mu 1969,mwene Hategekimana Merchior na
Kamanzi Bernadette,atuye mu mudugudu wa Kaneke,akagali ka
Gatoki,umurenge wa Kibirizi,akarere ka Gisagara,intara y’Amajyepfo.
7.MUGWANEZA Alphonse,wavutse mu 1982,mwene Mvuyekure Joseph na
Niyitegeka Bernadette,atuye mu mudugudu wa Ubumwe,akagali ka
Tabaro,umurenge wa Kimisagara,akarere ka Nyarugenge,Umujyi wa Kigali.
IKIREGERWA:Kujuririra urubanza RC0062/13/TB/NRA rwaciwe n’Urukiko
rw’ibanze rwa Ndora kuwa 30/6/2014.
IKIBURANWA:Gutesha agaciro ubugure no gusubizwa isambu yacu
yagurishijwe na Niyoyita Béata n’indishyi.
I.
IMITERERE Y’URUBANZA
1.Mukakarara Marie Claire,Kamirindi Thomas na Kabandana Fredarc bareze
Niyoyitaba Béata,basaba urukiko rw’ibanze rwa Ndora gutesha agaciro
ubugure no gusubizwa isambu yabo
yagurishijwe na Niyoyita Béata
n’indishyi,urubanza bagobokeshejemo Nkikabahizi Ferdinand,Rutagengwa
Etienne,Nsanzimana
Jean
Damascène,Maniriho
Sigfroid,Bigirimana
Théogène,Hategekimana Bertin na Mugwaneza Alphonse;uru rukiko rw‘ibanze
muri uru rubanza RC0062/13/TB/NRA rukaba rwaremeje agaciro k’ubugure
ariko ntacyo rwemeje ku ndishyi zari zaregewe.
2.Nkikabahizi Ferdinand mu gusobanuza urubanza RC0062/13/TB/NRA yasabye
ko we na bagenzi be bagenerwa indishyi bari basabye,urukiko rubagenera
Frws2.100.000,ziryozwa Mukakarara Marie Claire na bagenzi be,aba bakaba
barajuririye iyi mikirize.
2
RCA 0142/14/TGI/HYE
3.Mu iburanisha ryo ku wa 22/01/2015 n’iryo kuwa 26/02/2015,abarega
bahagarariwe
na
Me
Hakizimana
John,Niyoyitaba
Béata;uregwa
yiburanira,abagobokeshejwe
Nkikabahizi
Ferdinand,Maniriho
Sigfroid,Bigirimana Théogène,Hategekimana Bertin na Mugwaneza Alphonse
bunganiwe na Me Habineza Jean Paul,uyu ahagarariye
Rutagengwa
Etienne,Nsanzimana Jean Damascène.
II.IBIBAZO BIGIZE URUBANZA N’ISESENGURA RYABYO
A. Ese igihe cyo kujurira cyarubahirijwe ?
4.Me Habineza yavuze ko urubanza rwaciwe kuwa 30/6/2014,rurasobanuzwa
ariko itariki rwajuririweho batayizi.
5.Me Hakizimana yavuze ko igihe cyo kujurira basanze urubanza rurimo
amakosa,bayakosoza kuwa 11/7/2014 rucibwa kuwa 16/9/2014,bajuririra kuwa
01/10/2014,bashingiye ku ngingo ya 154al.2CPCCSA.
6.Urukiko
rurasanga
urubanza
rujuririrwa
rwaraciwe
kuwa
30/6/2014,rusobanurwa kuwa 03/7/2014,kuwa 11/7/2014 rusabirwa ikosorwa,iri
ibyarivuyemo bisomwa kuwa 16/9/2014,ubujurire bushikirizwa uru rukiko kuwa
01/10/2014,iri jurira rikaba ryarakozwe mu buryo no mu gihe giteganywa
n’ingingo ya 154 y‘itegeko n°21/2012 ryo ku wa 14/6/2012 ryerekeye
imiburanishirize
y’imanza
z’imbonezamubano,iz’ubucuruzi,iz’umurimo
n’iz’ubutegetsi nkuko ryahinduwe kandi ryujujwe kugeza ubu,dore ko ighe
ntarengwa cyo kujurira kingana n’ukwezi kumwe giteganywa n’ingingo ya 163
y’iri tegeko cyabazwe kuva kuwa 16/9/2014.
B.Ese Mukakarara yaba yaratanze ikirego mw’izina rya bagenzi be nta bubasha
abifitiye ? Ese mu rubanza rusobanura urundi,indishyi zagennwe mu buryo
buteganywa n‘amategeko ?
7.Me Habineza yasabye ko kugira ngo ikirego cya Mukakarara na bagenzi be
cyakirwe,yagaragaza ko Kamirindi Thomas na Kabandana F. babimuhereye
ububasha.
8.Me Hakizimana yavuze ko kuba ikiregerwa ari isambu y’umuryango.
3
RCA 0142/14/TGI/HYE
9.Urukiko rurasanga kuba abarega bemeza ko isambu yagurishijwe bayisangiye
byumvika ko icyaregewe atari inyungu bwite ya Mukakarara Marie Claire
ahubwo ari inyungu basangiye,aba Kamirindi Thomas na Kabandana F.
badahakana bityo bitari ngombwa ko bagomba kubimuhera ububasha bwo
kugaruza ibyabo.
C.Ishingiro ry’ubujurire n’iry’indishyi zagennwe mu rubanza RC0088/14/TB/NRA.
10. Me Hakizimana yavuze ko Niyoyita Béata yiyandikiye irage aryitirira
umubyeyi w’abarega,niba abagobokeshejwe bakomeza kuyifashisha
nk’ikimenyetso,abarega bayiregera nk’inyandiko mpimbano hashingiwe ku
ngingo za 46-61 z’itegeko n°15/2004 ryo ku wa 12/6/2004 ryerekeye ibimenyetso
mu manza n’itangwa ryabyo,abayikoresha bakazana umwimerere w’iyo
nyandiko y’irage,urukiko rukazafata icyemezo rushingiye ku nyandiko ya police.
11.Me Habineza yavuze ko Niyoyita ariwe wagaragaza iyo nyandiko naho uyu
Niyoyita Béata yavuze ko yayihaye Damascène wagobokeshejwe mu
rubanza,Mugwaneza Alphonse yavuze ko yayihaye Maniraho Sigfild baguze.
12.Me Hakizimana yavuze ko umwimerere ugomba kuzashikirizwa urukiko.
13.Iburanisha risubukuwe ngo inyandiko y’irage y’umwimerere ishikirizwe
urukiko,Niyoyita Béata yavuze ko yayihaye Mugwaneza Alphonse,uyu avuga ko
Niyoyita yamuhaye fotokopi naho uyu Niyoyita avuga iyo nyandiko ntayo
afite,ko Mugwaneza yagiye kuyifotoza ntiyayigarura.
14.Me Hakizimana yavuze ko mw’uburanisha ryari ryaherutse abari
bagobokeshejwe bari biyemeje kuyizana aribo bayibazwa naho Me Habineza
avuga ko baburana mu rukiko rw’ibanze iyo nyandiko yarifitwe n‘uwunganiraga
Mukakarara.
15.Me Hakizimana yavuze ko uwari yiyemereye ko afite iyo nyandiko
atayigaragariza urukiko kandi bacyifuza kuyiburanisha,hashingiwe ku ngingo za
50,51 y’itegeko ry’ibimenyetso,iyo nyandiko itatangwaho ikimenyetso.
4
RCA 0142/14/TGI/HYE
16.Niyoyita yemeje ko iyo nyandiko y’irage ariwe wayihimbiye,asobanura ko
yemera kuba yaragurishije isambu y’abandi kandi abisabira imbabazi bityo
yasubiza amafaranga yahawe n’abo yagurishije.
17.Mugwaneza yavuze ko iyo sambu yayiguze Frws100.000 ayigurisha Maniraho
ku Frws1.200.000,Niyoyita avuga ko yasubiza uyu yagurishije Frws100.000.
18.Bigirimana Théogène yavuze ko aho hantu hagenda hazamura agaciro bityo
nawe yahabwa agaciro k’iki gihe nawe akabasha gusubiza uwo
baguze,Hategekimana yavuze ko atakwemera gusubizwa ayo yatanze kuko
igiciro cyazamutse kimwe na Mugwaneza wemeza ko yahateye
ishyamba,Nkikabahizi asaba ko Niyoyita yamusubiza agaciro,Maniraho avuga
ko agaciro yaguze ubwo butaka kangana na 1.200.000Frws mu mwaka w’i 2011
atariko gaciro k’ubu ahubwo abona ubwumvikane hagati y’abarega n’uregwa
kuko igurishwa ryari ryarabanjirijwe n’amatangazo,ubu bakaba bashaka
kwisubira kuko agaciro ku butaka bwagurishijwe kiyongereye.
19.Me
Habineza yibukije ko Niyoyita yemeye kuba yarahimbye iyo
nyandiko,abarega bagombye kubanza kuyiregera ahubwo bashaka kugaruza
ubwo butaka,asaba ko ingingo ya 310CCLIII yakubahirizwa,uretse
Niyoyita;n’abarega bakwiye kwishyura agaciro k’ubutaka,abagobokeshejwe
akaba aribo bagenerwa indishyi zingana na Frws2.000.000.
20.Me Hakizimana yavuze ko abagobokeshejwe ahubwo aribo bakwiye
kuryozwa indishyi zingana na Frws400.000.Yakomeje yemeza ko Niyoyita
afitanye isano n’abarega,anasobanura ko mu rubanza rusobanura,urukiko
rwarengereye ibiteganywa n’ingingo ya 154CPCCSA,rugena indishyi.
21.Niyoyita yavuze ko ari umwuzukuru wa Véronique.
22.Maniraho avuga ko aho hantu haguzwe mu buryo bukurikije amategeko,ku
mugaragaro ni nako habarujwe,Bigirimana yasabye indishyi z’akababaro
zingana na Frws400.000 y’ingendo no gusiragira mu rubanza,Hategekimana
yasabye abarega indishyi zingana na Frws500.000 kuko asiragizwa,akabuzwa
gukora kandi arya aruko yakoze,Mugwaneza yasabye indishyi zingana na
Frws800.000 kuko ava Kigali kandi agateshwa umurimo we.
5
RCA 0142/14/TGI/HYE
23.Me Habineza yasabye urukiko gushingira ku ngingo za 44CCLII,326CCLIII,iya
29 y’iteka rya Minisitiri kw’iyandikwa ry’ubutaka,izo nyandikomavo
zitavanwaho dore ko abarega basinye kuri iyo nyandiko bakaba
batanagaragaza ko ari impimbano,asaba indishyi zingana na Frws3.600.000
nkuko zasobanuwe mu mwanzuro ndetse bashaka ubutaka bagasubiza buri
umwe mu baguze, igiciro cyabwo.
24.Me Habineza yavuze ko Nkikabahizi yakoshoje ku ndishyi yasabye ariko
urukiko rwibagirwa kuzigena.
25.Me Hakizimana yavuze ko inyandikomvaho bitwaza ku batunze ubutaka
zitateshwa agaciro dore ko ataricyo baregeye kandi ntazo babonye muri uru
rubanza.
26.Urukiko rurasanga inyandiko yo kuwa 15/11/2004 Niyoyita Béata yita iy’irage
rya Nyandwi Voronika,inyandiko yemeza ubwe ko yahimbye azi neza icyo
ashaka kugeraho mu nyungu ze bwite,ukwemera ubu buriganya gufatwa
nk’ikimenyetso cyemeza uruhare rwe,kumutsindisha nkuko biteganywa
n’ingigo y’i 110 y’itegeko n°15/2004 ryo ku wa 12/6/2004 ryerekeye ibimenyetso
mu manza n’itangwa ryabyo,iyi myitwarire ye atayigira urwitwazo ngo abo
yagurishije isambu baharenganire dore ko ari ihame ko ntawitwaza uburiganya
cyangwa uburyo bwo butanoze yagambiriye bityo ngo bumuheshe
uburenganzira ubwo aribwo bwose nkuko bivugwa mu kilatini ko:«Nemo
auditur propriam tirpitudem allegans» bisobanura mu gifaransa ko:«Nul ne peut
invoquer sa propre tirpitude ».
27.Uretse uru ruhare rwa Niyoyita rumaze kugaragazwa,iyi nyandiko y’irage
igaragaza ko yasinyweho na babiri mu barega aribo Kamirindi Tomasi na
Mukakarara,aba nubwo bavuga ko uyu Niyoyita Béata;umwuzukuru wa
Nyandwi
Voronika
yagurishije
isambu
yabo
batabimuhereye
uburenganzira,nubwo bavuga ko batemera iri rage naho bavugiye ko
bayiregera nk’inyandiko mpimbano bakomeje gusaba abagobokeshejwe kuba
aribo bayigaragaza mu gihe uyu Niyoyita Béata atigeze agaragariza urukiko
ikimenyetso kirwemeza uwo yayihaye muri aba bagobokeshejwe kuko baguze
nawe isambu kandi zari inshingano ze kubigaragariza ukuri nkuko biteganywa
n’ingingo ya 3 y’itegeko n°15/2004 ryo kuwa 12/6/2004 ryerekeye ibimenyetso
6
RCA 0142/14/TGI/HYE
mu manza n’itangwa ryabyo,bityo kuregera inyandiko mpimbano ntaho
urukiko rwahera rubisuzuma.
28.Kuba iyi nyandiko y’irage imaze kuvugwa mu gika kibanziriza iki,iriho
umukono wa Kamirindi Tomasi n’uwa Mukakarara,aba nk’abarega,nta kindi
bakoze ngo iteshwe agaciro bityo urukiko rubihereho rwemeza ko Niyoyita
Béata yagurishije isambu atabifitiye uburenganzira ndetse n’abaguze babikoze
mu buriganya(de mauvaise foi),inyandiko zitandukanye z’ubugure zikaba
zarashirwagaho umukono n’abayobozi b’inzego z’ibanze,ibi bikaba
byarakurikiwe n’ibaruza ry’ubutaka bwaguzwe mu buryo bumaze kuvugwa
ndetse ababuguze bakagirana na Leta y’u Rwanda amasezerano y’ubukode
burambye kuri ubu butaka,aya kaba atagaragajwe ko anengwa hamwe
n’ibyagaragajwe haruguru byose ntaho urukiko rwahera rutesha agaciro
ubugure bw’isambu yagurishijwe n’uyu Niyoyita Béata ahubwo aya
masezerano afatwa nk’itegeko hagati yabo kandi bagomba kuyubahiriza nkuko
biteganywa n’ingingo ya 64 y’itegeko n°45/2011 ryo kuwa 25/11/2011 rigenga
amasezerano,bityo buri umwe mu bagobokeshejwe agumana uburenganzira
bwe kw’isambu atunze ikomoka ku bugure na Niyoyita Béata.
29.Kuba Mukakarara Marie Claire,Kamirindi Thomas na Kabandana Fredarc mu
kugobokesha Nkikabahizi Ferdinand,Rutagengwa Etienne,Nsanzimana Jean
Damascène,Maniriho Sigifiridi,Bigirimana Théogène,Hategekimana Bertin na
Mugwaneza Alphonse,barakomeje gushora buri umwe muri aba mu manza
bimaze kugaragazwa ko nta mpamvu zishingiyeho,baravukije buri umwe akazi
ke,buri umwe agashaka avoka umufasha mu mategeko,bagomba kubiherwa
buri umwe indishyi zingana na Frws400.000,aya agennwe mu bushishozi
bw’urukiko kuko uretse Bigirimana,ayo buri umwe yasabye rwasanze ari
ikirenga.
30.Urukiko rwasanze indishyi zingana na Frws2.100.000 yagennwe n’urukiko
mu rubanza RC0088/14/TB/NRA rwaciwe kuwa 03/7/2014 ubwo Nkikabahizi
Ferdinand yasobanuzaga urubanza RC0062/14/TB/NRA,zaragenwe mu buryo
bunyuranyije n’ingingo ya 154 y‘itegeko n°21/2012 ryo ku wa 14/6/2012 ryerekeye
7
RCA 0142/14/TGI/HYE
imiburanishirize
y’imanza
z’imbonezamubano,iz’ubucuruzi,iz’umurimo
n’iz’ubutegetsi nkuko ryahinduwe kandi ryujujwe kugeza ubu,ko: «Ibirego
bisaba gukosora imyandikire y’icyo bibeshyeho cyangwa gusobanura urubanza
rwaciwe mu buryo butumvikana cyangwa mu buryo bushobora mu buryo
bunyuranye biburanishwa mu muhezo ababuranyi batongeye kuvuguruzanya
kandi nta gihinduwe ku byerekeye uwatsinze urubanza,isobanurampamvu y’uko
ibintu
byagenze
n’uko
amategeko
abiteganya
byemejwe
n’urukiko....»byumvikana ko urukiko rw’ibanze rwa Ndora rugena izi ndishyi
rwahinduye icyemezo rwari rwarafashe,ibi binyuranyije n’iyi ngingo y’itegeko
ndetse n‘ibyemejwe n’Urukiko rw’ikirenga1kimwe n’abahanga mu mategeko ko
urukiko rwaciye urubanza mu buryo budasobanutse cyangwa burimo
urujijo,rushobora kurusobanura ariko rutageze aho rwagura,rugabanya
cyangwa ruhindura uburyo rwakijijwe2 bityo izi ndishyi zikuweho.
III. ICYEMEZO CY’URUKIKO
31.Rwemeje kwakira ubujurire bwa Mukakarara Marie Claire,Kamirindi Thomas
na Kabandana Fredarc kuko bwatanzwe mu buryo bukurikije amategeko ariko
rubusuzumye rusanga bufite ishingiro kuri bimwe.
32.Rwemeje ko Mukakarara Marie Claire,Kamirindi Thomas na Kabandana
Fredarc bafatanya guha Frws400.000 buri umwe mu bo bagobokesheje mu
rubanza aribo Nkikabahizi Ferdinand,Rutagengwa Etienne,Nsanzimana Jean
Damascène,Maniriho Sigifiridi,Bigirimana Théogène,Hategekimana Bertin na
Mugwaneza Alphonse,yose hamwe ari Frws2.800.000 nkuko byagaragarijwe
ishingiro haruguru.
33.Rwemeje ko indishyi zagennwe mu rubanza RC0088/14/TB/NRA zivannweho
nkuko byagaragarijwe ishingiro haruguru.
34.Rukijije ko Mukakarara Marie Claire,Kamirindi Thomas na Kabandana
Fredarc batsinzwe kimwe na Niyoyita Béata naho Nkikabahizi
Ferdinand,Rutagengwa Etienne,Nsanzimana Jean Damascène,Maniriho
1
Urubanza RS/RECT002/09/CS-RCAA0062/08/CS rwaciwe n’Urukiko rw’ikirenga kuwa 09/9/2009
Il a été jugé que:«Toute juridiction qui a rendu une décision obscure ou ambiguë peut l’interpréter sans cependant
étendre,restreindre ou modifier les droits qu’elle a consacrés» soma GASASIRA Ephrem,Procédure civile et
commercial,Manuels de droit rwandais,1993,p.177
2
8
RCA 0142/14/TGI/HYE
Sigifiridi,Bigirimana Théogène,Hategekimana Bertin na Mugwaneza Alphonse
batsinze.
35.Rutegetse Mukakarara Marie Claire,Kamirindi Thomas na Kabandana
Fredarc gufatanya guha Frws400.000 buri umwe mu bo bagobokesheje mu
rubanza aribo Nkikabahizi Ferdinand,Rutagengwa Etienne,Nsanzimana Jean
Damascène,Maniriho Sigifiridi,Bigirimana Théogène,Hategekimana Bertin na
Mugwaneza Alphonse,yose hamwe ari Frws2.800.000.
36.Rutegetse
zivannweho.
ko
indishyi
zagennwe
mu
rubanza
RC0088/14/TB/NRA
37.Rutegetse ko Nkikabahizi Ferdinand,Rutagengwa Etienne,Nsanzimana Jean
Damascène,Maniriho Sigifiridi,Bigirimana Théogène,Hategekimana Bertin na
Mugwaneza Alphonse buri umwe agumana uburenganzira akomora ku bugure
bw’ubutaka bwakozwe na Niyoyita Béata.
38.Ingwate y’amagarama yatanzwe n’abarega ihwanye n’ibyakozwe muri uru
rubanza.
Ni uko rukijijwe kandi rusomewe mu ruhame none kuwa 10/3/2015 n’urukiko
rwisumbuye rwa Huye rugizwe n’umucamanza waruburanishije afashijwe
n’umwanditsi warwo.
Umucamanza
MBISHIBISHI Maurice
Sé
Umwanditsi
TWAMBAJIMANA Eric
Sé
9

Documentos relacionados

URUBANZA RCom 0950/14/TC/Nyge Page | 1 URUKIKO

URUBANZA RCom 0950/14/TC/Nyge Page | 1 URUKIKO 12.Urukiko rusanga kuba banki ya Kigali yari yabanje gushyira amafaranga agaragara kuri izo chèques kuri compte ya UWAMBAZA Aline zajyanwa muri compensation bagasanga zarakorewe opposition hanyuma ...

Leia mais

Jeandegasanagmail.com [email protected]

Jeandegasanagmail.com Safari.fred@yahoo.com URUTONDE RW’ABAJYANAMA BAGIZE INAMA NJYANAMA Y’AKARERE KA NGOMA

Leia mais