intego y`itorero ry`ukuri
Transcrição
intego y`itorero ry`ukuri
INTEGO Y’ITORERO RY’UKURI Mata, 2011 1 IJAMBO RY’IBANZE Basomyi dukunda, tunejejwe no kubagezaho iyi nyandiko ngufi yerekana “Itorero ry’ukuri n’intego zaryo”, dore ko ubu ryatwikiriwe na baringa y’ibisa n’itorero, hagamijwe gushaka inyungu, abayoboke n’icyubahiro. Ingaruka yabaye kuyoberwa Imana, abantu bamenya idini, bayoboka ibinyoma. Ikigamijwe na none, ni ukongera ugukundisha abantu ibyavuzwe n’Imana no kwerekana ingaruka nziza iba ku wumviye Imana; n’ishyano uyisuzuguye abona; kuko Nyagasani akwifuriza ubwenge bwiza, ubuzima bwiza n’imico myiza. “Inzira y’umukiranutsi ni ugutungana, kandi wowe utunganye ni wowe uyobora umukiranutsi mu rugendo rwe. Ni koko, Uwiteka Nyagasani mu nzira y’amategeko yawe ni ho twagutegererezaga, imitima yacu yifuza izina ryawe ndetse n’urwibutso rwawe. Umutima wanjye wajyaga ugushaka nijoro, kandi nzajya ngushakisha umutima, kuko iyo amategeko yawe ari mu isi, abaturage bo ku isi biga gukiranuka.” (Yesaya 26:7-9) Ibibazo by’ingenzi buri wese yakwifuza gusobanukirwa : 1. Itorero ry’ukuri ni iki ? 2. Ryatumwe gukora iki ? 3. Ivugurura n’ubugorozi ni iki ? Itorero ry’ukuri ni iki ? Itorero ry’ukuri ni abantu bake cyangwa benshi, bahamagawe n’Imana bakuwe mu bandi, kugira ngo bagire imico y’Imana, barengere ukuri kwayo. “Ariko mwebweho muri ubwoko bwatoranijwe, abatambyi b’ubwami, ishyanga ryera, n’abantu Imana yaronse, kugira ngo mwamamaze ishimwe ry’iyabahamagaye ikabakura mu mwijima, ikabageza mu mucyo wayo w’itangaza.” (1 Pet. 2:9) “Kuko abo yamenye kera yabatoranyirije kera gushushanywa n’ishusho y’Umwana wayo, kugira ngo abe imfura muri bene Se benshi. Abo yatoranije kera yarabahamagaye. Kandi abo yahamagaye, yarabatsindishirije. N’abo yatsindishirije, yabahaye ubwiza.” (Abaroma 8:29-30). “Kuko abatowe ari benshi, ariko abatoranijwe bakaba bake.” (Matayo 22:14) “Dore hazima Umwami utegekesha gukiranuka, kandi abatware be bazatwaza imanza zitabera. Umuntu azaba nk’aho kwikingira umuyaga, n’ubwugamo bw’umugaru, nk’imigezi y’amazi ahantu humye, mu gicucu cy’igitare kinini mu gihugu kirushya” (Yesaya 32:1-2) “Itorero ni igihome cy’Imana n’umudugudu wayo w’ubuhungiro yashyize mu isi yigometse. Ubuhemu bwose bwariturukaho, kwaba ari ukugambanira uwacunguje ikiremwa muntu amaraso y’umwana we w’ikinege. Uhereye mbere na mbere, abantu bakiranuka ni bo babaga bagize Itorero ry’Imana hano ku isi. Mu bihe byose, Imana yahoranye abarinzi bayo bagiye batanga ubuhamya bwiza mu gisekuru babaga barimo. Batanze ubutumwa bw’umuburo, kandi iyo babaga bahamagariwe kurambika intwaro zabo (gupfa), abandi bahitaga bacumubra ikivi cyabo. Imana yagiranye n’abo bahamya bayo isezerano rihuza Itorero ryo ku isi n’iryo mu ijuru. Yoherezaga abamarayika bayo ngo bakorere 2 Itorero ryayo, kandi amarembo y’ikuzimu ntiyashoboye kugira icyo aritwara.” (Conquérants pacifiques, p. 13) Itorero ryatumwe gukora iki ? Itorero ry’ukuri ribereyeho : Kwigisha ubukristo nyakuri Kwerereza amategeko y’Imana Gushyira mu bikorwa ibyo bizera Kugoboka abatishoboye Kuburira abanyabyaha no kubereka aho bakirira Kwerekana umuryango mwiza, ufite ubuzima n’uburere bwiza Kwerekana aho indwara zituruka, kuzīrinda no kuzivura Ubukristo nyakuri Ubukristo nyakuri burenze kubarirwa mu idini, kubatizwa cyangwa guhazwa, kubahiriza imihango yo kubaha Imana, ahubwo “kuba umukristo, ni ukwakira Kristo mu mibereho yawe, akagukoresha ibyo we yagakoze ari hano ku isi. Imico yawe igahindurwa no kwihana no kwatura, bigatuma uva mu mirimo y’umwijima n’ububata bwa Satani, abantu bose bakakubera abavandimwe ukunda. «imbuto z’umucyo ari ingeso nziza zose no gukiranuka n’ukuri.uko mwamenya ibyo Umwami ashima. » (Abefeso 5:9-10). «mwana w’umuntu we, yakweretse icyiza icyo ari cyo. Icyo Uwiteka agushakaho ni iki: ni ugukora ibyo gukiranuka, no gukunda kubabarira, no kugendana n’Imana yawe wicishije bugufi.” (Mika 6:8). “Hari ubwo nimye abakene ibyo bifuza? Cyangwa ngahebya amaso y’umupfakazi? Cyangwa nkiharira ibyokurya byanjye, imfubyi ntibiboneho? Ahubwo uhereye mu busore bwanjye yankuriye iruhande ndi nka se, n'umupfakazi namuhagarikiye nkiva mu nda ya mama. Niba hari uwo nabonye wishwe no kubura umwambaro, cyangwa indushyi ibuze icyo kwiyorosa, niba urukenyerero rwe rutampaye umugisha, kandi ntasusurutswe n'ubwoya bw'intama bwanjye." (Yobu 31:16-20). Amategeko n’urwibutso rw’Uwiteka ? Nta gihugu cyangwa ishyirahamwe bishobora gutera imbere bitagira amategeko. N’umuryango utagira amategeko usa n’utariho, kuko urangwa n’akajagari n’igihombo. Imana na yo ifite amategeko cumi (Kuva 20:1-17). Ishaka ko yumvirwa n’abatuye isi yose, kuko umutekano w’umuntu wese ari yo ushingiyeho. Kwica rimwe muri yo ni ukurwanya ubutware bwayo no kuyubahuka. Izi mpagarara z’uburyo bwose ziri ku isi ziterwa n’uko abantu badatinya kwica amategeko y’Imana. Ikibabaje, ni uko abantu banga kumvira amategeko y’Imana, bagashaka ko ayabo yumvirwa n’abantu n’Imana. 3 Muri Bibiliya, harimo amategeko y’uburyo bwinshi. Hariho ay’abantu, agaragazwa n’imigenzo n’imihango ijyanye n’igihe babaga barimo. Hakabamo aya Leta, yakoraga hakurikijwe ikirere n’uwayashyizeho. Hari ay’ibigereranyo : ari yo y’ibitambo byashushanyaga Yesu ataravukira ku isi. Hari ay’imbonezamubano, ayobora imico, imirire n’imyifatire y’abantu. Hari n’amategeko cumi, yavuzwe n’Imana, yandikwa na Yo, iyaha umuntu wese ku isi. Ayo ntahinduka, arera, ntasaza, ntavaho, azahoraho. “Icyoroshye ni uko ijuru n’isi byashira, kuruta ko agace k’inyuguti imwe yo mu mategeko kavaho.” (Luka 16:17) “Noneho amategeko ni ayera, ndetse n’itegeko ryose ni iryera, rirakiranuka kandi ni ryiza.” (Abaroma 7:12). “Umuntu wese witondera amategeko yose, agasitara kuri rimwe, aba ayacumuye yose.” (Yakobo 2:10). Urwibutso rw’Uwiteka Amategeko yose arangana, ariko irya 4 n’irya 5 afite umwihariko. Mu rya 4 dusangamo urwibutso rw’irema, ikimenyetso cy’Imana n’isezerano ridakuka, naho mu rya 5 harimo isezerano ryo kurama (Abafeso 6:1). Ryerekana impamvu nyayo y’ishingiro ry’uburezi bwiza. “Kuko mu minsi itandatu ari yo Uwiteka yaremeyemo ijuru, n’isi, n’inyanja n’ibirimo byose…” (Itangiriro 2:1). “Nuko Abisirayeli baziririze Isabato, bajye bayitondera mu bihe byabo byose, ibe isezerano ridakuka. Ni ikimenyetso cy’iteka ryose hagati yanjye n’Abisirayeli. Kuko iminsi itandatu ari yo Uwiteka yaremyemo ijuru n’isi, ku wa karindwi akarorera, akaruhuka.” (Kuva 31:1617). Isabato ireba n’abanyamahanga. “Kandi abanyamahanga bahakwa k’Uwiteka, bakamukorera bakunze izina rye, bakaba abagaragu be, umuntu wese akeza Isabato ntayice, agakomeza isezerano ryanjye, abo na bo nzabageza ku musozi wanjye wera, mbanezereze mu nzu yanjye y’urusengero, ibitambo byabo byoswa n’amaturo yabo bizemerwa, bitambiwe ku gicaniro cyanjye, kuko inzu yanjye izitwa inzu yo gusengerwamo n’amahanga yose.” (Yesaya 56:6-7) No muri iyi minsi y’imperuka, Isabato ifite agaciro, ndetse no mu bihe by’intambara. “Namwe musengere kugira ngo guhunga kwanyu kutazabaho mu mezi y’imbeho cyangwa ku Isabato.” (Matayo 24:20) Amategeko yavuyeho ni ayahe ? Yesu amaze gupfira ku musaraba, ibigereranyo byose byerekeye ku murimo we wo gucungura byavuyeho. Byari bigizwe n’imigenzo, imihango, ibitambo n’iminsi mikuru. “…igahanagura urwandiko rw’imihango rwaturegaga, ikarudukuzaho kurubamba ku musaraba. Kandi imaze kunyaga abatware n’abafite ubushobozi, ibahemura ku mugaragaro, ibivuga hejuru, ku bw’umusaraba.” (Abakolosayi 2:14-15). Abayuda n’abanyamahanga basangira agakiza kandi batari basangiye imigenzo. “Amaze gukuzaho amategeko y’iby’imihango umubiri we, kugira ngo ba babiri abarememo umuntu umwe mushya muri we, 4 ngo azane amahoro atyo, kandi ngo bombi abagire umubiri umwe, abungishe n’Imana umusaraba, awicishije bwa bwanzi.” (Abefeso 2:15-16). Ayo mategeko yari yaranditswe na Mose mu gitabo, ni yo mpamvu yitwa urwandiko. “Nimwende iki gitabo cy’amategeko, mugishyire iruhande rw’isanduku y’isezerano ry’Uwiteka Imana yanyu, kibereyo kuba umuhamya ubashinja.” (Gutegeka kwa kabiri 31:26) Hariho n’amategeko y’abantu. Ayo ntiyavuzwe na Mose, ntiyavuzwe na Yesu, kandi mu bihe byose ni yo yagiye aba ishingiro ry’imigenzo n’imihango y’amoko, uturere n’amadini. “Buko Ijambo ry’Imana mwarihinduye ubusa, ngo mukomeze imigenzo yanyu. Mwa ndyarya mwe, Yesaya yahanuye ibyanyu neza ati ‘Ubu bwoko bunshimisha iminwa, ariko imitima yabo imba kure. Bansengera ubusa, kuko inyigisho bigisha ari amategeko y’abantu’.” (Matayo 15:6-9) “Inzira y’amahoro ntibayizi; kandi mu migendere yabo ntibagira imanza zitabera; biremeye inzira zigoramye, uzigendamo wese, ntazi amahoro.” (Yesaya 59:8). “Bakagendera mu migenzo y’abanyamahanga Uwiteka yirukanye imbere yabo, no mu migenzo yashyizweho n’abami b’Abisirayeli.” (2 Abami 17:8) Gushyira mu bikorwa ibyo twizera Itorero ry’ukuri ibyo rivuga, ni byo rikora, kandi ryirinda kuvuga no gukora ibyaryo bwite. “Ariko rero mujye mukora iby’iryo Jambo, atari ugupfa kuryumva gusa mwishuka. Kuko uwumva ijambo gusa ntakore ibyaryo, aba amaze nk’umuntu urebeye mu maso he mu ndorerwamo. Amaze kwireba, akagenda, uwo mwanya akiyibagirwa uko asa.” (Yakobo 1:22-24) “Uvuga ibye ubwe aba yishakiye icyubahiro, ariko ushakira Iyamutumye icyubahiro, uwo ni we w’ukuri, gukiranirwa ntikuri muri we.” (Yohana 7:18). “Kwishimira mu munezero w’abandi. Kristo yagize Itorero rye ubuturo butangaje bw'Imana. "Aho ababiri cyangwa batatu bateraniye mu izina ryanjye, mba ndi hagati muri bo" (Matayo 18:20). Itorero rye ni igikāri cy’imibereho yera; risendereyemo impano zinyuranye, kandi ryambaye Umwuka Wera. Ijuru riha buri mwizera wese w’Itorero hano ku isi inshingano yihariye, umunezero we agomba kuwuvoma mu byishimo by’abo yagobotse n’abo yakoreye ibyiza.” (Pour un bon équilibre mental et spiritual, p. 669-670) Kuvuga ibyo utenda gukora, byangiriza imico, bitera kugayiko, ni bwo bufarisayo kandi ni byo bibyara kwishushanya, ukabarwa nk’umukristo kandi utari we. Ngibyo ibihindura abantu ba Magambo na ba Nyirandabizi, ari bo “bakristo ku izina”. 5 Kugoboka abatishoboye Muri gahunda yaguye y’Imana, umuntu wese witwa uwayo agomba kwita ku bo arusha ubushobozi. Iryo ni itegeko n’ihame ry’izahabu rigenga abakiranutsi. “Nuko ibyo mushaka ko abantu babagirira byose, mube ari byo mubagirira namwe: kuko ayo ari yo mategeko n’ibyahanuzwe” (Matayo 7:12). Kuko “Idini ritunganye kandi ritanduye imbere y’Imana Data wa twese ni iri: ni ugusura imfubyi n’abapfakazi mu mibabaro yabo, no kwirinda kutanduzwa n’iby’isi.” (Yakobo 1:27) “…Kuko nari nshonje muramfungurira, nari mfite inyota mumpa icyo nywa, nari umushyitsi murancumbikira, nari nambaye ubusa muranyambika, nari ndwaye muransura, nari mu nzu y’imbohe muza kundeba.” (Matayo 25:34-36) “…Ahubwo nurarika, utumire abakene n’ibirema n’abacumbagira n’impumyi: ni bwo uzahirwa, kuko badafite ibyo bakwitura, ahubwo uziturwa abakiranutsi bazutse.” (Luka 14:13) “…kandi ukarekura ugatanga ibyokurya byawe, ukagaburira abashonji, ukazana abakene bameneshejwe, ukabashyira mu nzu yawe: wabona uwambaye ubusa, ukamwambika, ntiwirengagize bene wanyu… ukihotorera umushonji, ugahaza umunyamubabaro,… Uwiteka azajya akuyobora, azahaza ubugingo bwawe mu bihe by’amapfa, azakomeza amagufa yawe, uzamera nk’urutoke rwuhirwa, kandi uzaba nk’isoko y’amazi idakama…” (Yesaya 58:6-7; 10-11) “Imana yemera ko abakene baba muri buri torero, kandi bazahora muri twe, kandi kubitaho ni inshingano Imana ishyira kuri buri mwizera. Iyo nshingano ntitugomba kuyihereza ku bandi. Tugomba kugaragariza urukundo n’impuhwe abakene bari hagati muri twe, nk’ibyo Kristo yakabagaragarije iyaba ari we wari kumwe na bo. Uko ni ko tugomba kumenyerezwa kugira ngo dushobore gukora nk’uko Kristo yakoraga.” (Témoignages, vol. 2, p. 594) “Urukundo ni imbaraga. –Ku rugero rw’ab’isi, ufite amafaranga aba afite ubushobozi; nyamara mu bukristo, urukundo ni bwo bushobozi; kuko imbaraga y’ubujijuke n’iy’iby’umwuka ni yo yuzuriye muri iryo hame. Mu mvugo iboneye, urukundo ni imbaraga ishoboza umuntu gukora ibyiza, nta kindi rushoboye. Rukingira umuntu amacakubiri no gutera abandi amakuba, maze rugahesha umunezero nyakuri.” (Pour un bon équilibre mental et spirituel, p. 668-669) «ni uguhishurwa k’urukundo rwimbitse hagati y’umuntu n’undi… Kwihana nyakuri ni ukuva mu kwikunda ujya mu rukundo rwejejwe rwo gukunda Imana na bagenzi bawe. Ubuhamya bukomeye kuruta ubundi mu kurengera ubutumwa bwiza, ni ubw’umukristo ukunda kandi agakundwa n’abandi.» (Ibyaduka... , p. 193; Ibihamya -5T, p. 85; Ministère de la guérison, -MH, 470 -MG, 405) “Kwiyoroshya n’umwete yakoreshaga asanga abakene byezaga buri jambo ryose avuze. Mbega ukuntu yari afite imibereho igira umwete! Uko bukeye n’uko bwije, washoboraga kumubona yinjira mu mavundi y’abatishoboye 6 n’ay’abanyamibabaro, aha ibyiringiro abacogoye, n’amahoro ku bamerewe nabi. Ari umunyarugwiro n’impuhwe, wuzuye kwera, yajyaga guhagurutsa abahetamishijwe n’ubuzima bubi, agakomeza abahanya. Aho yajyaga hose yahakwirakwizaga umugisha.” (Ministère de la guérison, p. 21) Kuburira abanyabyaha no kubereka aho bakirira Uhereye igihe icyaha cyinjiriye mu isi, umuntu yayobotse ingoma mbi atabyihitiyemo. Amashami akomeye y’icyaha yamwanduje kamere ikunda icyaha kandi ikanakirengera. Dufite ihererekanyamurage twandurira kuri ba sogokuruza, tukagira n’indemano duhabwa n’ababyeyi bacu, tukagira imico mibi twandurira mu burezi, tukagira ubwenge buke dukura mu mirire mibi, tukagira n’akamenyero dukura ku gihe turimo n’ahantu dutuye. Ibyo byose bifatanyiriza hamwe kutubuza imyumvire isobanutse y’Ijambo ry’Imana. Itorero ry’ukuri rigomba kwigisha, kuburira abantu no kwamurura ubwo bujiji bwose, maze rikereka abantu inzira y’ukuri. “Nuko rero ubwo dufite uwo murimo wo kugabura iby’Imana ku bw’imbabazi twagiriwe, ntiducogora, ahubwo twanga ibiteye isoni, bikorwa rwihishwa, tutagendera mu buriganya, kandi tutagoreka ijambo ry’Imana, ahubwo tuvuga ukuri tweruye, bigatuma umuntu wese adushimisha umutima we imbere y’Imana.” (2 Abakorinto 4:1-2). “Ni we twamamaza, tuburira umuntu wese, tumwigisha ubwenge bwose; kugira ngo tumurikire Imana umuntu wese, amaze gutunganirizwa rwose muri Kristo” (Abakolosayi 1:28) “Mu bihe byose, Imana yagiye ishinga abagaragu bayo gucyaha ibyaha, muri rubanda no mu itorero.” (Tragédies des siècles, p. 658) Itorero ry’ukuri ni irembo Imana yerekaniramo imigambi yayo. Mu gihe ryereka umunyabyaha ibyaha bye, rikamwereka n’ibikwiriye gukorwa, rifite n’indi nshingano yo kumwereka ko nta handi yabonera ubukiriro, keretse muri Yesu Kristo kuko ari we “mudugudu w’ubuhungiro”. Ni we ukubabarira ibyaha, akagutsindishiriza, akaguhongerera imbere ya Se, akagushoboza gukora ibyiza. Nyamara umunyabyaha agomba guhungira muri Yesu, agategereza ubutabera bw’Imana, akirinda gukinisha icyaha. Yibeshye akajarajara kure ya Yesu, yitwaje ko yacunguwe, umwanzi ari we muhozi, yahamufatira, agapfa azize ibyaha bye no kuba kure y’agakiza ke. Utaramenya aho ubuhungiro buri, Itorero rigomba kumwereka amahame, ari yo nzira igeza ku gakiza. (soma Patriarches et Prophètes, p. 499) “Kuko ubuntu bw’Imana, buzanira abantu bose agakiza bwabonetse, butwigisha kureka kutubaha Imana, n’irari ry’iby’isi, bukatwigisha kujya twirinda, dukiranuka, twubaha Imana mu gihe cya none, dutegereje ibyiringiro by’umugisha, ni byo kuzaboneka k’ubwiza bwa Yesu Kristo, ni we mana yacu ikomeye n’Umukiza, we Mana yacu ikomeye n’Umukiza, watwitangiriye kugira ngo aducungure mu bugome bwose, kandi yuhagirire abantu kugira ngo babe ubwoko bwe bwite, bugira ishyaka ry’imirimo myiza.” (Tito 2:11-14) 7 Kwerekana umuryango mwiza, ufite ubuzima n’uburere bwiza Itorero rigizwe n’abantu bava mu matorero mato y’imuhira (mu miryango). Iyo ayo matorero mato adafite ubukristo buhamye, hakaba harangwa inzangano, amatiku, intonganya, kutiringirana, ibinyoma n’amacakubiri, iyo bahuriye hamwe nk’itorero, aba ari igishushanyo cy’idini rimeze nk’itara ritagira amavuta. Ni yo mpamvu Itorero rifite inshingano ikomeye ku muryango : Satani yibasiye umuryango anyuriye : mu bwumvikane buke mu byaha no mu buyobe a. Ubwumvikane buke mu muryango Hagati y’abagabo n’abagore benshi harimo kutumvikana, bitewe n’ubupagani, amasuzugurane, kutagira icyerekezo kimwe, gupfa ubutunzi, ubusambo, ubunebwe,… Bimwe mu biranga ubwumvikane buke mu muryango 1. Kunāmūra mu masezerano Umwe mu bashakanye cyangwa bombi ashobora guhangayika: mbere y’uko bahabwa gatanya na Leta kandi ngo bimenyekane mu ruhame, Imitekerereze yerekera habi Urukundo rukicuzwa, rugasimburwa n’urwango Kwishimirana kugasimbuzwa kwizinukwa Ineza igasimburwa no guhutazanya Ibyo bikabyara kunywa ibisindisha, ubuyobe, guhora ucitse intege; ku bandi indwara zikiyadukiza, kuko umubabaro wica abasirikare b’umubiri. Mu buryo bugaragara, baba bari kumwe, ariko batamaranye irungu. Imanza z’abashakanye Muri gahunda y’Imana, uwa gatatu wemerewe kwinjira mu ruziga rw’abashakanye ngo amenye amabanga y’urugo, ni Imana yonyine. Umubyeyi, umuvandimwe, inshuti n’umugenzi, ntibemererwa kumena urwo ruziga rw’umuryango. Iyo babyemerewe, vuba cyangwa kera bibyara amashyamirane. Gusubira mu byavuzwe no mu byakozwe umuntu wese yiyemeje guhisha ibyiza yari azi kuri mugenzi we, ahubwo agambiriye kumukoza isoni no kumutamaza, ni zo ngaruka nyamukuru zo kuburanira abandi. “Uwifata mu magambo ni umunyabwenge, kandi ufite umutima witonze ni umuntu ujijutse.” (Imigani 17:27). 2. 3. Ivanguramutungo Muri gahunda ya Bibiliya, umugabo yabwiwe neza ko atari byiza ko aba wenyine. Abaye wenyine mu migambi, mu rugo no mu mutungo, yagira amahoro atuzuye. Akeneye umugore umukunda kandi agakoresha neza umutungo we. Aba agushije ishyano, iyo ahuye n’umugore wamenyereye gusesagura. 8 Umugore na we yabwiwe n’Imana ko kwifuza kwe kuzaba ku mugabo. n’ubwo yashobora byinshi, akagera kuri byinshi, akeneye umugabo mwiza, umuha agaciro, kandi akamugenera ibimutera agaciro, bitarimo kwaya no kwiyamamaza. Iyo buri wese ananiwe inshingano ye, noneho gatanya mu mutungo iraza. Umugabo n’umugore bahuye bakundanye bakiyemeza kuvanga umubiri, umutungo, imigambi n’icyerekezo, bagatangira kwibaza ngo «mutungo tuzawugabana dute?» Bamwe bagatana nta mpaka Abandi bakicana Abandi bakiyemeza kubibabariramo Abandi bakabipfusha ubusa no kubihisha. 4. Kugabana abana Muri gahunda ya Rurema, umugabo n’umugore bamaze gushyingiranwa ba ba babaye umwe. Umwana babyeye, aba agomba kubakunda bombi, akabana na bo bombi, akabubaha bombi. Bakamwitaho bafatanije, iyo bitabaye bityo, ingaruka iboneka ku muryango wose. Ushaka kubimenya, narebe ingaruka z’abana babyarwa mu nzira zitemewe, hamwe n’abana b’imfubyi. Birababaje mu buzima kuba imfubyi y’umubyeyi umwe, kandi akiriho. Iyi ngorane ishobora gutera abagabo n’abagore ibisazi, indwara no gucanganyikirwa, bibaza bati Ni nde uzategeka abana ? Ni nde uzabatunga ? Ni nde uzabigisha ? Nzagumana abana igihe kingana iki? Ndatinya ko bazakunda cyane uwo twatanye Maze irungu riremereye rigataha mu mitima ya bose. N’ubwo impapuro zabo, iz’imiryango n’iza Leta zamaze kwemeza ibikwiriye, abana ni bo bahangana n’imitima mibi y’ababyeyi n’abavandimwe babo. Bamwe bahima abana babo, kuko babana n’uwo batanye. Undi akabuza abana gukunda uwababyaye Bakibana abana Ingaruka ni ubukene, uburaya, ubujura, uburere buke, ku bana no ku babyeyi. 5. Gutandukana kw’imiryango bakomokamo Ubusanzwe mu buryo bwiza, umuhungu n’umukobwa babanye neza, bahinduka iteme rihuza imiryango bavukamo. Iyo badahuje, baba umwo-rera umara ubwumvikane bw’inshuti n’abavandimwe. Ibyo biva he ? Mu migani isanzwe baravuga bati “Ibyaye kibi irakirigata”, abandi bati ‘kubita buhoro ni icyamvuye mu nda.” Urukundo umubyeyi akunda umusore we cyangwa inkumi ye rushobora gutuma atemera amakosa y’uwo yabyaye, bigatuma atubura amakosa y’uwo atabyaye, yayemera ntiyishimire ingaruka bigize ku mwana we. Ngiyo impamvu yo gutana kw’abashakanye gushobora gutanya n’imiryango bavukamo. Hari n’ababyeyi basenyera abana babo ku bwo gukunda inyungu zisho-bora gukomoka kuri abo bana babo. 9 6. Kudakenerana mu nama Umugabo n’umugore bashinzwe ku-zuzanya, bagakeburana, bakagira ikiganiro cyubaka. Amakimbirane asho-bora kubuza uwo murongo, bikabyara : amasuzugurane kunanirwa guhurira ku cyerekezo. Umugabo n’umugore bashobora kunaniranwa, babitewe n’uko : bashyingiranywe urukundo rudakuze Bafite imico itemera kugirwa inama Umwe cyangwa bombi ari abanyeshyari Umwe cyangwa bombi bakigendera ku nama z’ababyeyi Hari abatana ku mubiri mu bwenge bakaba bakiri kumwe, bikarangwa no gufuhirana Hari n’ababana ku mubiri, imbere bakunze abo bigeze bacudika mu gihe cy’ubusore bwabo Hari abahurira mu nzu ariko imbaraga zabo n’ibyiza byabo bakabigomwa abo bashakanye, bigahabwa incuti, ababyeyi n’abavandimwe. Hari abatana ku mubiri no mu bwenge bagasigara bifurizanya ibibi n’igihombo. Hariho n’abakunda abo bashakanye, ariko ntibakunde ba sebukwe na ba nyirabukwe (Imigani 6:32). (soma "Couple harmonieuse et durable, p.146-147) Ubwiza n’akamaro by’ubukwe bwiza Ubukwe bwagura inshingano ufite mu bawe no ku bandi bose, kuko iwawe hahinduka ihuriro ry’aho abantu bashobora kwikomereza, kwiruhurira no kwiyungura mu by’Umwuka. Iyo habaye heza, haba ubwugamo bw’abatagira kirengera, n’icyitegererezo cyiza cy’abafite ishyaka ry’ibyiza. “Iyo amahame mvajuru yubahirijwe, ubukwe buba umugisha. Ni ingabo yo gukingira kwera n’umunezero by’umuntu. Burangiza amakene ye mu mibanire ye n’abandi, bukuza impagarike y’umuntu, bukamujijura, bukamushoboza gutunganya.” Patriarches et Prophètes, p.24). Iyo ubukwe busohoje umugambi wabwo neza, buba inyungu kuri bene bwo, abazabakomokaho, imiryango, itorero, igihugu n’isi muri rusange. Bityo rero, ubukwe burimo gukiranuka, ni intwaro yo kurinda umutekano w’umuntu wese. Ibizana ubumwe bw’abashakanye : ingeso nziza Umugore mwiza “Abana be barahaguruka bakamwita munyamugisha, n’umugabo we na we aramushima ati ‘Abagore benshi bagenza neza, ariko weho urabarusha bose’.” “Bagore mugandukire abagabo banyu, nk’uko mugandukira Umwami wacu” (Imigani 31:28-29; Abefeso 5:22). Umugore agomba kugaragaza impuhwe, kugira ngo abe ihumure ry’abamusanze. Akaba umunyagahunda, kugira ngo ahe amahoro umugabo we. Akagira urugwiro, kugira ngo akundwe n’abe, n’ab’ahandi. Akaba 10 umunyamwete, kugira ngo abone uko arangiza ibimureba. Akaba umunyakuri, kugira ngo yiringirwe, kuko gushidikanywa kutagira icyiru, kandi kubana n’ukubeshya, aba akunyaze no kwizera ukuri kwe. Ni we rufunguzo rw’umubano, uhereye mu muryango yasanze, mu baturanyi, mu itorero n’ahandi. Abishobozwa no kugandukira umutware we, abifashijwemo no kumvira Imana kuzuye, kwicisha bugufi, ikinyabupfura, ubwitonzi no kwishimira inshingano ze z’ibanze: guteka neza, kumesa, gupfundikira, kugira isuku y’ibikoresho, kuvura,… akabifatanya na gahunda nziza yo kugaburira abe ku gihe, no kugenga neza ubutunzi bw’urugo rwe, kuko ari we utuma iwe hishimirwa. Umugabo mwiza “Uko ni ko abagabo bakwiriye gukunda abagore babo nk’imibiri yabo, kuko ukunda umugore we aba yikunda.” “Namwe bagabo ni uko, mubane n’abagore banyu, mwerekane ubwenge mu byo mubagirira, kuko bameze nk’inzabya zidahwanyije namwe gukomera, kandi mububahe, nk’abaraganwa namwe ubuntu bw’ubugingo, kugira ngo amasengesho yanyu ye kugira inkomyi.” (Abefeso 5:28; 1 Petero 3:7). Umugabo mwiza arangwa no : Kugira ubwenge n’ibitekerezo bishyitse byo kumuyobora no kumurinda ibibi, kuko ari we nkomoko y’ibya ngombwa hafi ya byose biyobora umuryango, kuko umugore ari umufasha umwunganira kuri gahunda nziza amushyize imbere Agomba kugira imbaraga zo gutunga abe Ikinyabupfura cyo kumuhesha icyubahiro n’agaciro Ubutegetsi bwiza bwo guha urugo icyerekezo gisobanutse Kugira icungamari n’ubwenge bureba kure, kuko azi ko ibintu bishobora guhinduka, bikamurinda gusesagura no kwirata, ndetse akagira impuhwe zo kugoboka abo yarushije amahirwe y’uwo munsi. Umugabo n’umugore bahurije hamwe, bagomba kumenya ko bubatse uruziga rwera, rugizwe n’ubuyobozi buva ku Mana, bukabayobora ku Mana. Urwo ruziga, uwo ari we wese ntiyemererwa kurwinjiramo. Buri wese agomba guhinduka imva yo guhambamo amakosa n’ibyaha bya mugenzi we. Bakirinda kubabazanya no kureganira imbere y’undi muntu. Amasengesho yabo, ni ugusaba Imana ngo yeze indimi zabo, amatwi yabo, amaso yabo, n’ingingo zigize impagarike yabo. Kuko icyo Yesu abashakaho, ni ukugira impumuro itera ubugingo. (Bisomwa mu gitabo “Foyer chrétien”, p. 169) Ubwo bumwe bw’abashakanye ntubwitiranye n’ubucuti busanzwe, no kuba mungana cyangwa mwariganye, hari icyo akumariye cyangwa akunda ibyo ukunda, kuko abashyingiranywe bagirana amasezerano arenze ibigaragarira amaso. Icyemewe mu guca ayo masezerano, ni urupfu rwonyine. (Foyer chrétie, p. 327). 11 Bagomba guhuza umugambi, kungurana ibitekerezo, ibyiza byabo bikaba magirirane, kubahana no guhurira ku ntego, guhuza umutungo no kuwurinda, guhuza ibitsina, … Kugira ngo ibyo byose babigereho, umugabo mwiza n’umugore mwiza, babiterwa n’uburere bwiza bahawe uhereye mu bwana bwabo, cyangwa guhinduka ko mu mutima guterwa n’ubukristo, n’ubwenge buzi kwiga ibyabaye ku bandi. Imico nyamukuru ya buri wese igomba kuba : kuba neza, kuba umunyakuri, gukiranuka, ingeso nziza, kwirinda, umutima uboneye, urukundo rwa kivandimwe, gukunda Imana. (Bisomwa muri Témoignages, vol.1, p. 329) b. Ibyaha: inkomyi y’umunezero mu muryango Ikindi Satani anyuriramo ngo abuze amahoro abashakanye n’abana babo, ni ibyaha. Bimwe muri byo ni: ugushyingiranwa kw’abadakundanye, ahubwo babitewe n’irari. Ubusambanyi n’ubuhehesi, inda zitagambiriwe, gukora imibonano mpuzabitsina ku bagamije gushyingiranwa. Guhemukirana kw’abamaze gushakana binyuze mu buraya n’ubwomanzi, gukuramo inda kw’inkumi, no kutamenya inshingano zireba buri wese, ubuhahara bukomeye bwo gushaka ubutunzi, uburozi n’inzaratsi. Kutizera bitera benshi gushakira amahoro mu bapfumu n’abacunnyi. «abandi bari bakurimo kugira ngo bavushe amaraso, abagutuyeho bagaburiye imandwa mu mpinga z’imisozi, kandi bagukoreramo ibiteye ishozi. Muri wowe bambura ba se bakabatera ubwambure, kandi bakoza abagore bari mu mugongo isoni. Umuntu akorana ibizira n’umugore w’umuturanyi we, kandi undi akanduza umukazana we amusambanya. Undi wo muri wowe agakinda mushiki, we basangiye se.bakiriye impongano kugira ngo bavushe amaraso; wemeye kwakira indamu y’ubuhenzi n’inyungu zirenze urugero, kandi wabonye indamu kuri bagenzi bawe ubarenganije, ariko jyewe waranyibagiwe, ni ko Uwiteka avuga. (Ezekieli 22:9-12) «w’ingeso nziza abera umugabo we ikamba, ariko ukoza isoni ni nk’ikimungu kiri mu magufa ye.” (Imigani 12:4). «Nari mpagaze ku tubambano tw’idirishya ry’inzu yanjye ndunguruka, nuko ndeba mu baswa. Nitegereje mu basore mbona umusore utagira umutima, anyura mu nzira ikikiye ikibero cy’inzu ya maraya, nuko ayembayemba ajya ku nzu ye… Nuko aramufata aramusoma, avugana na we adafite imbebya, ati ‘Mfite ibitambo by’uko ndi amahoro, uyu munsi nahiguye imihigo yanjye. Ni cyo gitumye nza kugusanganira nshaka cyane kureba mu maso hawe, none ndakubonye… Nuko amushukisha akarimi ke kareshya, amukuruza kuryarya k’ururimi rwe, aherako aramukurikira nk’ikimasa kigiye kubagwa, cyangwa nk’umusazi uboshywe ajya guhanwa, kugeza ubwo umwambi uhinguranya umwijima we, ameze nk’inyoni yihutira kugwa mu mutego, itazi ko yategewe ubugingo bwayo.» (Imigani 7:6-23) Ngiyo isoko ngari y’impagarara ku bagabo, intimba ku bagore n’agahinda ku bana mu miryango myinshi, iy’abakire n’abakene. Ingo nyinshi zirara zishya bwacya zikazima, ariko hari n’izitagishobora kuzimywa, zikaba zishobora no 12 gutwika n’iz’abandi, kuko ibyazo byirirwa byotwa na rubanda. c. Ubuyobe Ubusanzwe, ubuyobe: ni inyigisho, imikorere n’imigenzo y’idini inyuranye n’ibyo Imana yavuze. «aravuga ati ‘…Nzarambura ukuboko kwanjye ntere i Buyuda n’abatuye i Yerusalemu bose, nzaca ibyasigaye bya Baali aho hantu, n’izina ry’Abakemari hamwe n’abatambyi, n’abasenga ingabo zo mu ijuru bari hejuru y’amazu yabo, n’abasenga barahira Uwiteka bakagerekaho na Milikomu.’abasubiye inyuma bakareka gukurikira Uwiteka, n’abatigeze gushaka Uwiteka haba no kumusenga’. » (Zef. 1:4-6). Iyo idini ryemeye kwinjiza mu bukwe imigenzo y’amoko, iy’ubupagani n’iy’amajyambere, rikabihindura ihame ry’inyigisho cyangwa rikabibererekera, riba riyobeje rubanda nyamwinshi batazi iyo biva n’iyo bijya, maze ubwo bukwe bukaba butakiri ubwera. Satani yateye abayobozi b’amadini kwiha inshingano batahawe n’Imana mu birebana n’ubukwe, bahimba imihango idafite ishingiro mu Ijambo ry’Imana : Ingero: Kwiha inshingano yo gusezeranya umukwe n’umugeni, kandi aho baba baje gusohoza amasezerano bagiranye abandi badahari (“Mbese abantu babiri bajyana batasezeranye? Amosi 3:3). Icyo byabyaye, ni ukwiha ubushobozi bwo kweza ubukwe no kubuha umugisha, gusezeranya abagabo n’abagore basanganywe, gusezeranya abahuje ibitsina, gushakira inyungu n’icyubahiro mu bukwe,… “Kuko wibagiwe Imana y’agakiza kawe, kandi ntiwibutse igitare cy’imbaraga zawe. Ni cyo gitumye utera ingemwe zo kwinezeza, n’ingurukira z’inyamahanga. Umunsi waziteraga washyizeho uruzitiro –(Indongozi y’itorero – Kanuni za kanisa), bukeye usanga zarabije. Ariko ibisarurwa bizabura ku munsi w’umubabaro n’agahinda gasaze.” (Yesaya 17:10) Kwerekana aho indwara zituruka, kuzīrinda no kuzivura Indwara tubona zoretse isi, na zo zakomotse ku cyaha. Icyaha ni cyo bugome cyangwa kwica amategeko (1Yohana 3:4), kandi amategeko, ni ubuyobozi bw’Imana. Aho indwara zituruka “Ni iki gitumye mushaka kugumya gukubitwa muzira gukabya ubugome; umutwe wose urarwaye, umutima wose urarabye; uhereye mu bworo bw’ikirenge ukageza mu mutwe nta hazima; ahubwo ni inguma n’mibyimba n’ibisebe binuka, bitigeze gukandwa cyangwa gupfukwa, nta n’ubwo byabobejwe n’amavuta.” (Yesaya 1:5-6) Hari amarembo menshi indwara zinjiriramo: indyo ikennye, umwanda, ingeso 13 mbi, kurya ibyo umubiri utagenewe, kuvanga ibidakwiriye kuvangwa, amahoro make yo mu mutima, ubunebwe, umunaniro w’ikirenga, umururumba n’akajagari mu mirire, ibiyobyabwenge, n’ahandi. “Uburibwe n’umubabaro biboneka ahantu hose –kononekara k'uruhu, gusaza imburagihe, indwara n'ubwenge buke byuzuye isi byamaze gutuma ihinduka nk'irwariro ry'ababembe, ugereranije n'uko yagombaga kuba iyo yumvira amategeko mbonezamubano y'Imana hamwe n'ayo Imana yashyize mu mpagarike yacu. Ku bwo gukomeza kwica ayo mategeko, umuntu yakomeje guharatura ibibi by'ingaruka yaturutse ku kwica amategeko ko muri Edeni." (Pour un bon équilibre mental et spiritual, vol. 2, p. 586) Uko twakwirinda indwara Iyobokamana nyakuri rishingiye ku mutima wejejweho ibyaha n’umubiri ufite amagara mazima. Ni yo mpamvu ari inshingano z’itorero ry’ukuri, kwigisha abantu uko bakwirinda indwara. “Kwirinda bitwigisha kureka burundu ibitwangiriza bikatugirira nabi, no gukoresha uko bikwiye ibizima bitugirira neza. Ni abantu bake cyane basobanukiwe n’isano ya bugufi iri hagati y’imirire yabo n’ubuzima bwabo, imico yabo, akamaro kabo mu isi, n’umurage wabo w’iteka ryose.” (Patriarches et Prophètes, p. 549) “… twiyezeho imyanda yose y’umubiri n’iy’umutima, tugende twiyejesha rwose kubaha Imana.” (2 Abakorinto 7:1) Bimwe mu byo wakora ngo wirinde indwara : Kugira isuku Kunywa kenshi amazi asukuye Kuruhuka Gukora imyitozo ngororamubiri Kugabanya ibinure, by’umwihariko ibikomoka ku nyamaswa Gukunda kurya ibiribwa bibisi (bidatetse) Kugira gahunda yo kurya idahindagurika Kwirinda kunywa ibinyobwa byinshi uri kurya Kwiringira imbaraga y’ubushobozi bw’Imana Kwibanda ku byokurya biribwa bitagombye kunyuzwa mu nganda “Akamenyero ko gukoresha umubiri neza gatera kugira intekerezo zihanitse. Imbaraga z’ubujijuke, amagara mazima n’uburame bikomoka ku mategeko ahamye. Imana y’ibyaremwe ntitabara ngo ikure abantu mu ngaruka zo kwica amategeko agenga ibyaremwe. Uwo ari we wese ushaka kwitegeka agomba kuba uwirinda muri byose. Nyuma yo gusenga, ahanini indyo yoroheje ni yo yatumye Daniyeli agira ubwenge busobanutse, imigambi ishikamye, ubwonko bubangukiye cyane kwiga n’imbaraga zo gutsinda ibishuko.” (Pour un bon équilibre mental et spirituel, vol. 2, p. 586-587) “Imana y’amahoro ibeze rwose: kandi mwebwe ubwanyu, n’umwuka wanyu, n’ubugingo bwanyu, n’umubiri, byose birarindwe, bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu Kristo azaza.” (1 Abatesaloniki 5:23) 14 Imirire yo kwikingira kanseri : Kanseri twibandaho ni ifatira mu mara manini, prostate, amabere, igifu, iyo mu muhogo. Kugabanya cyane urugimbu by’umwihariko ibinure bikomoka ku nyamaswa, n’amavuta aremereye Gukoresha cyane indyo ikomoka ku bimera : imboga rwatsi, izitukura n’iz’umuhondo; imbuto nk’amacunga, mandarine n’indimu Kwirinda ibisindisha, ibirimo vinaigre, ibyabitswe bibabuye, n’ibyakoranywe cyangwa bikabikwa mu munyu mwinshi (Croquez la vie, p. 133) Uko twakwivura indwara “Muri mwe hariho urwaye? Natumire abakuru abakuru b’itorero bamusabire, bamusize amavuta mu izina ry’Umwami. Kandi isengesho ryo kwizera rizakiza umurwayo; Umwami amuhagurutse…” (Yakobo 5:14-15) “Kandi Yesaya yari yababwiye ati ‘bende umubumbe w’imbuto z’umutini, bawushyire ku kirashi cye; ngo azakira.” (Yesaya 38:21). “…amatunda yabyo azaba ibyokurya, na byo ibibabi byabyo bibe umuti uvura.” (Ezekieli 47:12) Aha Bibiliya itweretse ko umurwayi akizwa no gusenga no gukoresha imiti ikomoka mu byo Imana yaremye. Uko wafata neza umutima wawe : Muri rusange, umutima wawe uba ungana n’igipfunsi cyawe. Ugizwe n’imihore yorohereye, irimo imigabane ibiri, kandi buri mugabane ugizwe n’ibyumba bibiri. Igice cya ruguru ni gito, cyakira amaraso avuye mu migarura. Naho igice cy’epfo cyakira amaraso anyuriye mu mitozo yitwa valves. Urwaye umutima, muri rusange arangwa no kuribwa n’umutwe, injereri mu matwi, kuremera amaguru, kuva amaraso mu menyo, ubwoba butagira impamvu, kwiruhutsa hato na hato, n’ibindi. Imirire igwa neza umutima : Tungulusumu, onyo, elayo, ingano, amashaza, choux-fleur, ibishayote (chayottes –christophine), imbuto (fruits), ni ibyokurya bigira akamaro mu gutera neza k’umutima, bikagabanya umuvuduko urenze urugero, no kongera imbaraga z’umutima utera buhoro. Kunywa amazi ahagije, litiro imwe n’igice ku munsi, bigahinduka akamenyero. Bishobora gukiza n’izindi ndwara nyinshi cyane. Gabanya umunyu cyane mu mirire yawe Gabanya urugimbu Kora sport Kandi wihe amahoro Gufata neza ubwonko bwawe Ubwonko bugizwe n’urusobe rw’imitsi yumva hamwe n’imyakuro. Ni urugingo rufite imikorere isobetse kandi ijijishije. Ubwonko ni bwo bwakira amakuru kandi bukayohereza binyuze mu mitsi yumva. Ni byiza gutanguranwa 15 ukaburinda, ubonye ibimenyetso bikurikira : kuribwa umutwe cyane, guhora unaniwe mu bwenge, kumva ubwenge bugucika, kumva uremereye impagarike yose, guhangayika, gutūbūra ingorane, kudafata mu mutwe, kwibaza bike ukaruha cyane, kugira ibitotsi bike, impagarara mu bwenge, umubabaro, isusumira, kutitangira mu magambo. Ibyokurya bifasha ubwonko bigomba kuba bifite : Vitamines B1, B2, B6, B8, B9. Ibyo ni ubuki, ingano, onyo, tomate, avoka, amacunga, ipapayi, n’ibindi. Imyunyu ngugu : harimo zinc, magnesium,… Biboneka cyane cyane mu mboga, mu ibumba ry’icyatsi kibisi,… Inyubakamubiri: zirimo utuvungukira twitwa acides aminés: lezine na izolesine. Akamaro ka romarin: Romare (romarin mu Gifaransa, Rosemery mu Cyongereza; mudarasini mu Kinyarwanda; Rosmarinus officinalis mu mvugo y’abahanga (nom scientifique) Romarin ni umuti utangaje ku muntu wabuze amahoro mu bwenge. Yoroshya umutwe, ugabanya indwara z’ibyuririzi, igatumya imyanya inoza ibyokurya ikora neza. Ibyo ishinzwe kuvugurura : Itera gufata mu mutwe no kwibuka, irwanya imbuto z’indwara, irinda ubwihebe, ikingira indwara z’utubyimba, itera imbaraga imyanya inoza ibyokurya, irinda indwara z’udukoko, irinda umubiri kuryaryatwa, ikingira kanseri, irwanya rubagimpande, itera impumuro nziza, itera amahoro mu bwenge, igabanya uburibwe, igabanya urugimbu mu maraso, ibuza umubiri gusohora ibyuya byinshi ku barwaye iyo ndwara, itera kwihagarika neza, iruhura impagarike yose, ivura ibisebe byo mu kanwa, yagura imitsi no kuyirinda gusaza. Ivura indwara zikurikira : Kuribwa mu ngingo, amahwima, umwuka mwinshi mu nda, ubwihebe, kurirwa mu mihore, kuribwa imitsi yumva, uruhu, umunaniro, indwara y’umuriro, ibishyute, uruheri, goutte, gutinda kw’ibyokurya mu nda, ibyuririzi byo mu myanya y’ubuhumekero, kubura ibitotsi, amaraso agenda nabi, kuribwa amenyo, kubabara mu muhogo, kuribwa n’umutwe, kutaryoherwa, intekerezo zidakurikirana inyigisho, kunutsa umwuka, akaberetwa, kurwara imitsi yumva, kwibagirwa ibyo wari uzi, kubyimbagirana k’umubiri, rubagimpande, ibicurane, kuva amaraso mu binyigishi, kuribwa mbere y’imihango y’abakobwa, kuribwa no kubabara mu gitsi, inkorora, umwijima ukora nabi. (Ibirebana na romarin twabikuye ku rubuga rwa internet : Herbesmedicinales.com). Ukwiriye kunywa nibura amatasi 2 ku munsi, kandi inyobwa ishyushye ku rugero. Gatatu mu cyumweru. Romarin iyo ipfukiwe ahavunitse, 16 ivura imvune. Ibuza inkovu kubyimba. Bitewe n’uko ubuzima, ubwenge n’imico ari bwo butunzi bukomeye umuntu afite ku isi, kubukingira ni imwe mu nshingano zikomeye umuntu yahawe. «Ubwenge buzinjira mu mutima wawe, kandi kumenya kuzanezeza ubugingo bwawe; amakenga azakubera umurinzi; kujijuka kuzagukiza; kugira ngo bigukure mu nzira y’ibibi, no mu bantu bavuga iby’ubugoryi.» (Imig. 2:10-12) Ivugurura n’ubugorozi «Uwiteka avuga atya ati ‘Nimuhagarare mu nzira murebe, kandi mubaririze inzira za kera, aho inzira nziza iri, abe ari yo munyuramo, ni ho muzabona uburuhukiro mu mitima yanyu» (Yeremiya 6:16) «ubwoko bwanjye bwaranyibagiwe, bakosereza imana z’ibinyoma imibavu, kandi byabateye gusitara mu nzira bahoranye kera, bakanyura mu tuyira tw’iruhande, inzira zidatumburutse» (Yeremiya 18:15) Ivugurura ni iki? Ivugurura ni uguhinduka mushya mu mibereho y’iby’umwuka, ikanguka ry’imbaraga z’intekerezo n’iz’umutima, ni izuka ribatura umuntu akava mu rupfu rw’iby’umwuka. Ubugorozi ni iki? Ubugorozi bwo busobanura kongera gusubizaho gahunda, ihinduka ryo mu bitekerezo no mu nyigisho, akamenyero n’ibikorwa (Soma Ibyaduka byo mu minsi y’imperuka, p. 192; Service Chrétien, p. 52). Izi ni zimwe mu mpamvu zituma habaho ivugurura n’ubugorozi mu minsi y’imperuka, kandi si bishya mu mateka ya Bibiliya. Igihe cyose itorero ritandukiriye rikarenga imbibi Imana yarihaye, ari byo bigaragazwa no: kwifatanya n’isi n’ubupagani kureka amahame y’ukuri guhindura amahame y’Ibyanditswe gutega amakiriro ku mbaraga z’ubutegetsi kureka inshingano zaryo kwizera ibinyoma n’ibihimbano Ibyo birahagije gutuma Imana ihagurutsa ivugurura n’ubugorozi. «bikunze ubugorozi ni ngombwa ko bubaho hagati mu bwoko bw’Imana aho imyifatire yaryo y’iki gihe ituma umuntu yibaza niba mu by’ukuri iri torero rihagarariye uwatanze ubugingo bwe ku bwaryo. Mbese koko abizera b’iri torero ni abigishwa nyakuri ba Kristo’abavandimwe ba ba bandi bo mu gihe cyashize batatinyaga gutamba ubuzima bwabo ho igitambo?» (Témoignages, vol. 1, p. 459) Ubugorozi si bushya muri Bibiliya, ahubwo bubera bushya abatazi amateka ya Bibiliya. Igihe cyose abantu bakonje mu by’umwuka, bakizwa n’ivugurura. Iyo bayobye, bagarurwa n’ubugorozi. Ni ko byagenze mu gihe cya Eliya w’i Tishubi imbere y’umwami Ahabu, Abisirayeli n’umugore w’igishegabo Yezebeli. Ni ko byagenze mu gihe cya Yohana Umubatiza, ahagaze mu butayu, 17 ateye umugongo idini ry’icyamamare, ahamagarira abantu bose kwihana no gukora imirimo myiza. Yacyashye idini n’abayobozi baryo, ahamagarira Abisirayeli guhinduka ko mu mutima, akebura abami, yihanisha abasirikare b’Abaroma. Yerekeza inteko y’abantu kuri Mesiya no ku ngoma y’Imana. Mu gihe Itorero Gatolika ryari rimaze kuba ikigogoro, ryigaruriye Uburaya n’isi yose, amaso y’abantu amaze kuva ku Mana ahubwo yerekeye ku idini, iby’ukuri rimaze kubijugunya hasi no guhisha abayoboke baryo Bibiliya, ni ho Imana yahagurukije abagabo b’ibyatwa basoma Bibiliya, basanga amahame yayo ahabanye n’imigenzo y’idini. Bagambirira bimazeyo ko bagiye gukangurira abantu gukunda Imana n’Ijambo ryayo. Ab’ikubitiro muri bo ni nk’Umudage Martini Luteri (1482-1552), Umufaransa Calvin, Umwongereza Tyndale, Wicclife wabimburiye abagorozi, n’abandi. Mu kinyejana cya 18, Umunyamerika William Miller abonye urupfu mu by’umwuka, umwijima no gukunda isi byoretse abiyita abakristo mu gihe cye, ahagurukira gukangura abatuye isi, abereka gusohora kw’ibimenyetso byo kugaruka kwa Yesu bikubiye mu buhanuzi. Abemeye ubwo butumwa baciwe mu matorero, bafata imyanzuro yo gutandukana na yo, ngo babone uko bacukumbura ukuri no kukubwiriza bafite umudendezo. Amateka atubwira ko basohotse bagera ku 50.000, bavuye mu matorero atandukanye ya giprotestanti. Ubugorozi mu gihe giheruka: No muri iki gihe, ivugurura n’ubugorozi birakenewe kandi byarahanuwe. “Mu minsi y’imperuka umusozi wubatseho inzu y’Uwiteka uzakomerezwa mu mpinga z’imisozi, ushyirwe hejuru usumbe iyindi; kandi amahanga azawushikira. Amahanga menshi azahaguruka avuge ati ‘Nimuze tuzamuke tujye ku musozi w’Uwiteka, ku nzu y’Imana ya Yakobo, kugira ngo ituyobore inzira zayo, tuzigenderemo; kuko i Siyoni ari ho hazava amategeko, i Yerusalemu hagaturuka ijambo ry’Uwiteka.” (Yesaya 2:2-3) “Ibimenyetso biranga abagorozi nyakuri. –Hatanzwe ibimenyetso by’abazaba abagorozi; bazagendana ibendera ry’ubutumwa bwa malaika wa gatatu, ubwoko bw’Imana buhamya amategeko yayo kandi bukayihesha icyubahiro, kandi barahiriye mu maso y’isi yose kubaka mu matongo ya kera. Ni nde ubita atyo, abica ibyuho, bagasibura inzira zijya mu ngo? Ni Imana. Amazina yabo yanditswe mu bitabo byo mu ijuru ko ari abagorozi, abasubizaho ibyahozeho, bakongera gushinga imfatiro zariho ku ngoma nyinshi” (Bible Commentary, vol. 4, p. 1151). “Nimusohoke munyure mu marembo, mutunganirize abantu inzira; mutumburure, mutumburure inzira nyabagendwa, muyikuremo amabuye, mushingire amahanga ibendera” (Yesaya 62:10). Bizagira umumaro wo gukangura, wo guhugura, no guhwitura ubwoko bw’Imana mu minsi y’imperuka. Mu ruhande rw’ababi, bizarakaza, bibyutse 18 ubugome butewe no gutinya kuzimiza icyubahiro n’inyungu z’iby’isi. “Benshi bazezwa, bazacishwa mu ruganda, ariko ababi bazakomeza gukora ibibi; kandi nta n’umwe muri bo uzayamenya, ariko abanyabwenge bazayamenya.” (Danieli 12:10) Abagabo n’abagore bakeneye ivugurura n’ubugorozi mu miryango yabo, amoko mu bushyamirane bwayo, akeneye ivugurura n’ubugorozi. Abasore mu bukwe no mu myifatire yabo, bakeneye ivugurura n’ubugorozi. Umuntu wese ku giti cye, akeneye ivugurura mu mutima, n’ubugorozi mu mico, kugira ngo aheshe Imana icyubahiro, abere abandi umugisha, na we ubwe yigirire akamaro. Amadini y’ibyamamare akwiriye ivugurura n’ubugorozi, kuko batagira indyo y’iby’Umwuka yuzuye yo kugaburira imbaga ibahanze amaso; maze bikabarutsa izo nyigisho z’ibinyoma zisindisha ubwenge, zigereranywa n’inzoga za Babuloni. Isi yose igomba kumenya ivugurura n’ubugorozi kugira ngo ive mu bitotsi bw’iby’umwuka, bikomoka mu masezerano adafite ishingiro baheshwa no kudamarara. Ubugorozi bufite umurimo ukomeye : “Kurandura no gusenya, kurimbura no kūbika, kubaka no gutera imbuto” (Yeremiya 1:10) Ibyo ubugorozi bugomba gusenya : Ibihimbano, imigenzo n’imihango, akamenyero n’indongozi z’amatorero, binyuranye n’Ibyanditswe Byera Ingero : Ibihimbano n’imigenzo byongerewe mu mubatizo, ifunguro ryera, ubukwe, gushyingura; bigomba kurandurwa. “Igiti cyose Data wo mu ijuru atateye kizarandurwa” (Mat. 15:13) Umutungo w’itorero, wagenewe kwamamaza ubutumwa no gufasha imbabare, ukaba warigaruriwe n’abayobozi b’amadini. Ubugorozi bugomba kubisubiza mu mwanya wabyo. “Nzababuza kuziragira, kandi abungeri ntabwo bazongera kwimenya ubwabo, nzakiza intama zanjye amenyo yabo, ze kubabera ibyokurya.” (Ezekiyeli 34:10) Kuri iyi ngingo y’umutungo, amadini amaze iminsi n’avutse vuba anyuranya ku zindi nyigisho, ariko ku y’ibihembo bakura mu bizera bakayihurizaho bose. Ibyo ni ibyerekana ko idini ryahindutse inzira yo kwihangira imirimo nk’indi yose; ariko na byo byarahanuwe. “Bene zo ni bo bazica bakibwira ko nta bicumuro bafite, kandi abazitunda bakavuga bati ‘Uwiteka ashimwe kuko mbaye umukire’, kandi abashumba bazo ntibazibabariye.” (Zekariya 11:5). Ibyo bituma bahanurira abantu amahoro n’ibihuje n’irari ryabo, kugira ngo babaronkeho indamu. “ibi ni byo Uwiteka avuga ku bahanuzi bayobya ubwoko bwanjye, batega akanwa kabo kugira ngo babahanurire bati ‘Ni amahoro’, kandi utagize icyo ashyira mu kanwa kabo bitegura kumurwanya.” “…Umuntu wese yishakira indamu mu buryo bwose.” (Mika 3:5 ; Yesaya 56:1011) Ibyagoretswe ni byinshi. Buri wese asabwa kwigenzurira mu Byanditswe, 19 akagereranya imibereho ye n’imyizerere ye, ibidahamanya n’amahame y’ukuri, agasaba Imana kumushoboza kubizibukira, n’ubwo byaba bikunzwe na benshi, yangwa bimenyerewe igihe kirekire. Ibyo ubugorozi bugomba kubaka : Ubugorozi si uguhimba. “Umurimo w’ubugorozi wari uwo kugarurira abantu Ijambo ry’Imana.” (Tragédie des siècles, p. 419) Bibiliya ni yo abantu bagomba kubakaho ibyiringiro byabo, imyizerere n’imibereho yabo ya buri munsi. “Handitse ngo –Uku ni ko Uwiteka avuga” ni yo igomba kuba indongozi yacu. Bibiliya yubaka imico ihamye mu mutima, igasana imiryango iri hafi gusenyuka, yubaka imyizerere nyakuri, ikarinda abantu kuyoba no kuyobywa n’abigisha n’abahanuzi b’ibinyoma. Yigisha ibimenyetso byo kugaruka kwa Yesu, bigakangura ubwenge n’ubushake bwo gutegereza Yesu, bikarinda abantu kudamararira mu isi no kuyifata nk’ubuturo bwabo bwite. Ni yo mpamvu ivugurura n’ubugorozi bigomba kwerekeza intekerezo z’abantu ku kwitegura Yesu ugiye kugaruka bidatinze. Ivugurura n’ubugorozi bigamije kugarura imyizerere n’ingeso z’abantu ku rufatiro rw’intumwa, no kwerekeza itorero ku ntego ryashyiriweho n’Imana nk’uko twazivuze muri iyi nyandiko tugitangira. “…kuko mwubatswe ku rufatiro rw’intumwa n’abahanuzi, ariko Kristo Yesu ni we buye rikomeza imfuruka.” (Abefeso 2:20) “…Imibereho ihumekewemo n’umwuka wari mu ntumwa, kwizera no kwigisha ukuri zabwirije, ngibyo ibimenyetso nyakuri by’abasimbura b’intumwa. Ngibyo ibitanga uburenganzira bwo kwiyita abasimbura b’abamamaje ubutumwa bwa mbere.” (Jésus Christ, p. 464) Turangije tubifuriza mwese kugira intego nziza yo kwifatanya n’Itorero ry’ukuri no kwemera ivugurura n’ubugorozi, kuko ari yo nzira rukumbi iganisha mu bwami bw’Imana butazahanguka. UMUGAMBI NYAMUKURU WACU : Ibyo ntunze, imbaraga zanjye, ibyo nzi nanjye ubwanjye ni iby’Imana, kuko ndi igisonga n’igikoresho cyayo. BENE SO B’ABAGOROZI: B. P 109 RUHENGERI. Tél.: 0788454349, 0788499292, 0788351276, 0788759640 E-mail : [email protected] Website : www.ubugorozi.org 20
Documentos relacionados
URUBANZA RCom 0950/14/TC/Nyge Page | 1 URUKIKO
haravanyweho andi 56.800.000frw nayo yari yishyuwe na UWIZEYE Sabrine. Ikirego cye kikaba kigamije gusaba urukiko ngo rumurenganure asubizwe amafaranga ye yibwe, ahabwe n’ indishyi zitandukanye kub...
Leia mais